SOBANUKIRWA TV ni channel ikugezaho ibyegeranyo cyangwa se Documentaries , ikugezaho kandi inkuru zicukumbuye mu ngeri zose (politics , ubukungu, iterambere, ikoranabuhanga, imyidagaduro n'ibindi).

niba ukunda ibyo dukora sangiza abandi inkuru zacu turusheho kwaguka , ibitecyerezo bya nyu ni ingenzi kuri twe ku ko ni mwe dukorera , ni yo mpamvu tubyakirana yombi kandi bihabwa agaciro, murakoze kuba muhisemo gukomeza kubana na twe.

Hari igitecyerezo ,inyunganizi cg se ushaka ku tuvugisha ku bw'izindi mpamvu watwandikira kuri +250787256283

SOBANUKIRWA TV is the ducumentaries based channel , we publish all breaking news related to politics , economics , development , technology , entertainment and others.

If you have an idea for sharing with us , please use +250787256283

HIGGS-X8IZJ


SOBANUKIRWA TV

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un ukomeje kugaragara kenshi ari kumwe n’umukobwa we Kim Ju Ae, bongeye kugaragara bari gusuzuma imbunda nto z’igisirikare, ibintu byatumye benshi bongera kwibaza ku ruhare uyu mukobwa ashobora kuzagira mu buyobozi bw’iki gihugu mu gihe kizaza.

1 day ago | [YT] | 11

SOBANUKIRWA TV

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Uwera Jean Maurice yatangaje ko igitero cy’indege zitagira abapilote cyabereye i Goma muri DRC, cyongeye gushimangira impungenge z’u Rwanda ku mutekano warwo, nk’uko rwakunze kuzigaragaza.

Ni nyuma y’igitero cyagabwe mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyagabwe mu gitondo cya kare kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026.

Iki gitero cy’indege zitagira abapilote zizwi nka ‘drone’ cyahitanye abantu batatu barimo umukozi wa UNICEF, bikekwa ko cyagabwe n’uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa ruhanganye n’Ihuriro AFC/M23 rimaze umwaka rigenzura uyu mujyi wa Goma.

2 days ago | [YT] | 12

SOBANUKIRWA TV

Donald Trump yatangaje ko nyuma y'iminsi Amerika na Israel bateye Iran, basanze Iran ifite intwaro za kirimbuzi abantu batatekereza ariko Iran yasabye ibiganiro bityo bagiye guhagarika intambara.

Iran bakirita mu matwi, bavuze ko Amerika na Israel bagize uruhare mu gutangiza intambara ariko ataribo bazagena igihe irangirira.

Mu bihugu bitandukanye byakoreshaga umuhora wa Hermoz mu gutwara ibikomoka kuri peteroli, byatangiye kugirwaho ingaruka n'ibura ryabyo kuko Iran yafunze uyu muhora bakoreshaga.

Iran yavuze ko Igihugu kitazajya gifatanya na Israel na Amerika bazajya bakireka kigatwara peteroli n'amavuta n'aho ibindi byunze Ubumwe na Amerika bigasigarira aho.

3 days ago | [YT] | 16

SOBANUKIRWA TV

🚨𝐀𝐌𝐀𝐊𝐔𝐑𝐔 𝐀𝐆𝐄𝐙𝐖𝐄𝐇𝐎🚨

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko Mazimpaka Patrick, Nizeyimana Didier (Mucoma), Nkeramihigo Japhet na Tumukunde Djuma bareganwaga na Barafinda Sekikubo Fred bafungurwa, bagakurikiranwa bari hanze.

Ku rundi ruhande, Barafinda we yaburanye ubujurire bwe ku ifunga n'ifungurwa ry'agateganyo, kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Werurwe 2026, mu rubanza rwabereye mu muhezo.

Bose baregwa icyaha cyo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha bakoresheje imbuga nkoranyambaga by’umwihariko ku miyoboro ya YouTube aho banyuzaga ibiganiro.

4 days ago | [YT] | 7

SOBANUKIRWA TV

Urugo rw’umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Rihanna ruherereye mu gace ka Beverly Hills muri California, rwarasiweho amasasu arindwi ku Cyumweru, bituma abapolisi ba Los Angeles Police Department bihutira gutabara ndetse batangira gushakisha uwabikoze.

4 days ago | [YT] | 4

SOBANUKIRWA TV

RDF na Polisi batangiye ibikorwa bizamura imibereho myiza y’abaturage
==
Kuva kuri uyu wa Mbere, Ingabo na Polisi by’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego batangiye ibikorwa byo gufasha abaturage mu mibereho myiza n’iterambere.

Ibi bikorwa bikubiye mu nsanganyamatsiko igira iti “Ubufatanye bw’Abaturage, Ingabo na Polisi by’u Rwanda mu bikorwa byo kwizihiza Kwibohora 32”

Ni ibikorwa bizabera mu gihugu hose, aho bizibanda ku buvuzi, ubworozi, kubakira abatishoboye, kubaka ibyumba by’amashuri, gukwirakwiza amazi, kubaka ibiraro no kurengera ibidukikije.

4 days ago | [YT] | 17

SOBANUKIRWA TV

USA yatangaje ko igiye gufatira ibindi bihano abayobozi b’u Rwanda ibaziza gushyigikira intambara yo muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo. Ibyo bihano bijyanye kutabemerera kujya muri USA.

1 week ago | [YT] | 6

SOBANUKIRWA TV

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, yamaze iminsi ibiri asura ubwato bushya bw’intambara bupima toni 5,000 igihugu cye kiri kubaka, anareba igeragezwa rya misile za cruise. Ibi bigaragaza ko iki gihugu kiri kongera imbaraga mu kubaka ingabo zacyo zo mu mazi zifite ubushobozi bwo gutwara intwaro za nikereyeri, mu gihe iki gihugu gikomeje no kubaka andi mato y’intambara ndetse na misile zikomeye za balistique.

1 week ago | [YT] | 17

SOBANUKIRWA TV

Kuri uyu wa mbere Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zafatiye ibihano Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), ndetse n’Abasirikare bayo bane.

Ni ibihano Amerika muri iki gihe iri mu ntambara na Iran yafashe, ni nyuma yo gushinja u Rwanda kutubahiriza amasezerano ya Washington rwasinyanye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibyo bihano abasirikare bane bafatiwe birimo gufatirwa imitungo yabo yaba iri muri USA.

1 week ago | [YT] | 28

SOBANUKIRWA TV

Donald Trump yatangaje ko abayobozi bashya ba Iran bifuza inzira y’ibiganiro nyuma y’uko ahitanye Ayatollah Ali Khamenei n’abandi bayobozi mu nzego nkuru za Iran barenga 45.

1 week ago | [YT] | 3