Ikipe y'Igihugu y'u Butaliyani yitabiriye imikino y'Irushanwa rya Cricket rya ICC Women's Challenge Trophy yageze mu Mujyi wa Kigali.
Iyi mikino izakinwa kuva tariki ya 18 Mata kugeza ku wa 1 Gicurasi 2026, izitabirwa n'ibihugu bitanu birimo u Rwanda ruzayakira, u Butaliyani, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Nepal na Vanuatu. #RBASports
Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w'Uburezi, Joseph Nsengimana, uri mu Misiri, yasuye German University in Cairo (GUC), aho yakiriwe na Prof. Dr. Ashraf Mansour.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yavuze ko inyito “igerageza rya Jenoside” idakwiye gukomeza gukoreshwa.
Yabivuze kuri uyu wa Kabiri, ubwo yifatanyaga n’Akarere ka Bugesera mu #Kwibuka32 Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko abiciwe ku Musozi wa Rebero mu Murenge wa Mayange.
Ati “Nta gerageza rya Jenoside ribaho, Jenoside ni Jenoside, ijambo igerageza muzarireke. Jenoside iva ku mugambi wo kwica abantu ubahora ubwoko bwabo, ntabwo bituruka ku mubare w’abishwe. Iyo uwo mugambi uhari ugashyirwa mu bikorwa, iyo ni Jenoside. Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye mu 1990, ni uko mu 1994 ari bwo yabaye rurangiza kandi amahanga akaba ari yo yemeza.” #RBAAmakuru
Ubu butumwa yabutanze kuri uyu wa Kabiri aho yifatanyije n’Akarere ka Kirehe mu #Kwibuka32 Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko abiciriwe i Nyarubuye.
Umuhanzi Diamond Platnumz yemeje ko azataramira i Kigali mu ruhererekane rw’ibitaramo yise ‘Retro Tour’ azakorera mu mijyi yo muri Afurika no muri Australia.
Igitaramo kizabera mu Rwanda giteganyijwe tariki ya 29 Kanama 2026. Ikizabanziriza ibindi kizaba ku wa 25 Mata 2026 i Mwanza muri Tanzania mu gihe ikizasoza ibindi, kizabera i Melborne muri Australia tariki ya 11 Ukwakira 2026. #RBAShowbiz
Itsinda ry’Impuguke zisuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA) ku ruhande rw’u Rwanda, ryahuriye mu Karere ka Musanze mu nama igamije gusuzuma umushinga w’isesengura ry’u Rwanda ku bucuruzi bw’ibicuruzwa bifatika n’ubwa serivisi.
Iyi nama yateguwe na AfCFTA ku bufatanye na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM). #RBAAmakuru
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi akurikiranweho icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
RIB yavuze ko yatawe muri yombi nyuma yo kugaragaza ko yifuza ko ibikorwa byo #Kwibuka32 muri uwo Murenge bikorwa ku wa 6 Mata, itariki yifashishwa n'abahakana bakanapfobya Jenoside. #RBAAmakuru
Radio Rwanda
Ambasaderi Shakilla Umutoni yashyikirije Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Tunisia, Mohamed Ali Nafti, kopi z'impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.
Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri, aho bombi banagiranye ibiganiro byubakiye ku mubano w'ubucuti bumaze gushinga imizi hagati y'ibihugu byombi n'uko warushaho kwagura mu ngeri zitandukanye. #RBAAmakuru
3 hours ago | [YT] | 32
View 0 replies
Radio Rwanda
Ikipe y'Igihugu y'u Butaliyani yitabiriye imikino y'Irushanwa rya Cricket rya ICC Women's Challenge Trophy yageze mu Mujyi wa Kigali.
Iyi mikino izakinwa kuva tariki ya 18 Mata kugeza ku wa 1 Gicurasi 2026, izitabirwa n'ibihugu bitanu birimo u Rwanda ruzayakira, u Butaliyani, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Nepal na Vanuatu. #RBASports
3 hours ago | [YT] | 4
View 0 replies
Radio Rwanda
📸AMAFOTO📸
Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w'Uburezi, Joseph Nsengimana, uri mu Misiri, yasuye German University in Cairo (GUC), aho yakiriwe na Prof. Dr. Ashraf Mansour.
Minisitiri Nsengimana yasuye ibice bigize iyi Kaminuza, anerekwa ibikorwaremezo byayo ndetse n'imiterere y'imyigishirize yayo n'uburezi buyitangirwamo. #RBAAmakuru
3 hours ago | [YT] | 19
View 0 replies
Radio Rwanda
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yavuze ko inyito “igerageza rya Jenoside” idakwiye gukomeza gukoreshwa.
Yabivuze kuri uyu wa Kabiri, ubwo yifatanyaga n’Akarere ka Bugesera mu #Kwibuka32 Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko abiciwe ku Musozi wa Rebero mu Murenge wa Mayange.
Ati “Nta gerageza rya Jenoside ribaho, Jenoside ni Jenoside, ijambo igerageza muzarireke. Jenoside iva ku mugambi wo kwica abantu ubahora ubwoko bwabo, ntabwo bituruka ku mubare w’abishwe. Iyo uwo mugambi uhari ugashyirwa mu bikorwa, iyo ni Jenoside. Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye mu 1990, ni uko mu 1994 ari bwo yabaye rurangiza kandi amahanga akaba ari yo yemeza.” #RBAAmakuru
4 hours ago | [YT] | 12
View 0 replies
Radio Rwanda
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr. Jimmy Gasore, yanenze abayobozi babi bishe abaturage bayoboraga, bitandukanye n’uko ubu bimeze aho Abanyarwanda bose bahabwa amahirwe angana.
Ubu butumwa yabutanze kuri uyu wa Kabiri aho yifatanyije n’Akarere ka Kirehe mu #Kwibuka32 Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko abiciriwe i Nyarubuye.
Ati “Uyu munsi iyo umuturage asenyewe n’imvura, agize ikibazo cy’ibyo kurya, inzego zikorera hamwe tugatabara. Biteye isoni kubona inzego z’ubuyobozi zirimo uwari Burugumesitiri, abasirikare, bose barahurije hamwe bakumva bagomba kwica abaturage bari bayoboye.” #RBAAmakuru
5 hours ago | [YT] | 21
View 0 replies
Radio Rwanda
Kuri uyu wa Kabiri, Itorero Indamutsa rya RBA ryabateguriye Ikinamico yitwa "Amaso y'impubutsi ntarenga ingohe".
Tubane kuri Radio Rwanda no kuri YouTube Channel yacu kuva saa 20:45. #RBAHafiYawe
6 hours ago | [YT] | 38
View 0 replies
Radio Rwanda
Umuhanzi Diamond Platnumz yemeje ko azataramira i Kigali mu ruhererekane rw’ibitaramo yise ‘Retro Tour’ azakorera mu mijyi yo muri Afurika no muri Australia.
Igitaramo kizabera mu Rwanda giteganyijwe tariki ya 29 Kanama 2026. Ikizabanziriza ibindi kizaba ku wa 25 Mata 2026 i Mwanza muri Tanzania mu gihe ikizasoza ibindi, kizabera i Melborne muri Australia tariki ya 11 Ukwakira 2026. #RBAShowbiz
6 hours ago | [YT] | 17
View 0 replies
Radio Rwanda
Itsinda ry’Impuguke zisuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA) ku ruhande rw’u Rwanda, ryahuriye mu Karere ka Musanze mu nama igamije gusuzuma umushinga w’isesengura ry’u Rwanda ku bucuruzi bw’ibicuruzwa bifatika n’ubwa serivisi.
Iyi nama yateguwe na AfCFTA ku bufatanye na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM). #RBAAmakuru
7 hours ago | [YT] | 20
View 0 replies
Radio Rwanda
Romuald Wadagni yatsinze amatora ya Perezida muri Bénin n’amajwi 94% nk’uko byatangajwe na Komisiyo y’Amatora mu ijoro ryo ku wa Mbere.
Umukandida wo muri opozisiyo, Paul Hounkpe, yari yemeye ko yatsinzwe na mbere y’uko ibarura ry’amajwi ritangira.
Romuald Wadagni yabaye Minisitiri w’Imari ku butegetsi bwa Perezida Patrice Talon wabumazeho imyaka 10 kuva mu 2016. #RBAAmakuru
7 hours ago | [YT] | 17
View 0 replies
Radio Rwanda
🚨AMAKURU MASHYA🚨
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi akurikiranweho icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
RIB yavuze ko yatawe muri yombi nyuma yo kugaragaza ko yifuza ko ibikorwa byo #Kwibuka32 muri uwo Murenge bikorwa ku wa 6 Mata, itariki yifashishwa n'abahakana bakanapfobya Jenoside. #RBAAmakuru
9 hours ago | [YT] | 24
View 0 replies
Load more